Akarere ka Nyamagabe kibanda ku bucuruzi gakoresheje amaduka, utubari dutoya, amaresitora n'utundi duhoteli dutoya tubiri. Hari amasoko menshi muri yo amwe akaba yubatswe neza andi arakyakorera ahantu hadasakaye kuburyo abacuruzi banyagirwa n'ibicuruzwa byabo bikangirika.
Hari nibigo bitanga inguzanyo iciriritse n'amakoperative yokubitsa kuburyo bifasha kubonera abaturage kubona ingunzanyo ikyiriritse.
Akarere gakora ubucuruzi n'utundi turere tugakikije nacyanecyane mubijanye n'ubuhinzi. kuburyo abaturage bahahirana. Akarere kubatse kanavugurura amasoko amwe bikaba byarafashije mubucuruzi bw'akarere. Ubucuruzi mu karere buragenda bwiyongera uko abantu benshi bagenda babwitabira.
Harakyakyenewe amasoko yubatse neza kugira ngo abacuruzi bashobore gukora akazi kabo neza n'ubucuruzi butere imbere mu karere. Akarere karashishikariza abashoramari gushora imari mm'ubucuruzi kuko harimo inyungu nini nakyane m'ubuhinzi n'ubworozi.
|