Gahunda yokusaranganya ubutaka itangizwa nogutegura imidugudu, kuko byarazuwe ko ibyangobwa bikenewe kuzana izamuka mu bukungu no mumibereho myiza y'abaturage bigomba kugezwa muri iyo midugudu kugira ngo noneho bashobore kwitabira kuyituramo.
Ukurikije gahunda ya MINALOC, abantu bakwiye gutura mumidugudu, kubwiyo mpamvu akarere ka Nyamagabe kateguye kuburyo kagira ahonyine umudugudu umwe muri buri murenge kugira ngo ubere urugero ahandi kandi ukaba ufite ibyangobwa byose bikenewe.
Akarere ka Nyamagabe ntabwo karagira gahunda nziza y'imigi. Imiturire igikoreshwa n'ubu irakyari imwe itatanye, kugenza hafi 99% bigizwe n'inyubako zitubatswe neza kandi zitatanye kumisozi miremire mu karere kose. Ariko, umubare mukyeya w'abaturage utuye mu midugudu.
Iyi miturire itatanye ntabwo intanga uburyo bwiza bwokugera kubyangombwa by'iterambere kubaturage benshi mu karere. Ntabwo kandi yemerera gushobora gukoresha neza ubutaka mubyubuhinzi kandi ikibazo ky'ubutaka bwoguhingamo n'ikingenzi mu karere. Kwongera kuri ibyo, amazu yoguturamo yubatswe nabi kandi hakoreshejwe ibikoresho bidahangara. Byinshi muri ibi bikoresho, hafi hose mu karere bikozwe mu matafari y'igitaka nibyatsi.
|