ITSINDA RYO KU RWEGO RY’IGIHUGU RIRASUZUMA IMIHIGO YA 2011-2012

Ikipe y'isuzuma Imihigo irakomeje.Akarere ka Nyamagabe kamaze kwakira itsinda ry’isuzuma ku rwego rw’igihugu.Iri tsinda riyobowe n’umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu Mufuruke Fred rigizwe n’abantu baturutse mu nzego zitandukanye by’umwihariko muri za Minisiteri n’ibigo bizishamikiyeho. Imihigo isuzumwa ni iya 2011-2012 yose hamwe ikaba ari 48 aho ubukungu bwihariye imihigo 25.Hagati aho hirya no hino mu karere by’umwihariko mu mujyi wa Nyamagabe iri ku rwego rwo hejuru,ibi bika bishimangira ko akarere ka Nyamagabe koko ari “Imparirwamihigo”.Biteganyijwe ko ku munsi wa mbere(Taliki 25 Kamena 2012) abagize iri tsinda basuzuma ibijyanye n’inyandiko naho ku munsi wa kabiri(Taliki 26 Kamena 2012) bakazasura ibikorwa mu mirenge itandukanye. “Natwe tuba twifuza ko imihigo yashyirwa mu bikorwa neza tukabwira umukuru w’igihugu ko byagenze neza ariko na none ntitwabeshya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika igihe hari aho bitagenze neza”Umuyobozi w’itsinda ry’abagenzuzi
|