ABADEPITE BASUYE AKARERE MU RWEGO RWO KUREBA UKO UBUMWE N’UBUDAHERANWA BYUBAHIRIZWAE KUBAHIRIZA IHAME RY’UBUMWE N’UBUDAHERANWA BW’ABANYARWANDA
Kuri uyu wa 15 Nyakanga 2025, itsinda ry'Abadepite bagize Komisiyo y'Ubumwe bw'Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside riyobowe na Hon. NDANGIZA Madina, ryasuye Akarere mu rwego rwo gusesengura ishyirwa mu bikorwa rya Politiki y'Igihugu y'Ubumwe n'Ubwiyunge y'umwaka wa 2020.
Iri tsinda ryakiriwe na Perezida w'Inama Njyanama y'Akarere, Madame Clotilde UWAMAHORO ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry'Ubukungu, Bwana Thaddée HABIMANA.
Visi Meya HABIMANA yavuze ko ku bufatanye bw'Akarere n'abafatanyabikorwa bako batandukanye, mu Karere hashyizweho gahunda zinyuranye zo gusigasira Ubumwe n'Ubudaheranwa bw'Abanyarwanda zirimo gutanga ikiganiro cya 'Ndi Umunyarwanda' mu baturage no mu bigo by'amashuri.
Yavuze kandi ko hashyizweho Kelebu z'Ubumwe n'Ubudaheranwa n'ibindi.
Aba Badepite basuye ibikorwa byo gusigasira Ubumwe n'Ubudaheranwa bw'Abanyarwanda biri hirya no hino mu Karere nko mu Igororero rya Nyamagabe, mu Murenge wa Cyanika n'ahandi.