Abarenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID19 bongeye kwihanangirizwa

Ni nyuma y’uko mu ijoro ryo kuwa 31/07/2020 hari abantu basaga 240 bafatiwe mu bikorwa byo kugenzura abarenga ku mabwiriza yo kwirinda iki cyorezo hirya no hino mu Karere ka Nyamagabe.

Ni ibikorwa byahuriweho n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, Police, DASSO na Reserve Force. Guhera saa yine kugeza saa tanu z’ijoro iby bikorwa, mu Murenge wa Gasaka byafatiwemo abantu 109 maze barazwa muri Stade Nyagisenyi.

Abafashwe basanzwe batubahiriza amabwiriza yo gusiga intera ihagije hagati y’umuntu n’undi, abari bambaye udupfukamunwa nabi, abatari batwambaye, abagendaga nyuma ya saa tatu z'ijoro n’abafatiwe mu tubari.

Aganiriza abaraye muri Stade Nyagisenyi, Umuyobozi w'Akarere ka Nyamagabe ari kumwe n'Umuyobozi wa Police mu Karere Senior Superintendent Gaston Karagire baganirije abo baturage bafashwe bongera kubibutsa ingaruka zo kutubahiriza amabwiriza haba kuribo, imiryango yabo n'igihugu muri rusange.

Umuyobozi w’Akarere yabibukije ko iki cyorezo nta muti nta n’urukingo gifite, uburyo bwiza bwo kukirwanya ari uko abaturage bose bumva kandi bakubahiriza amabwiriza yo kukirinda, ariyo gukaraba mu ntoki kenshi kandi neza, kwambara neza agapfukamunwa, gusiga intera ihagije hagati y’umuntu n’undi ndetse no kwirinda gukora ingendo zitari ngombwa.

Abaturage biyemeje kutazongera kurenga ku mabwiriza ahubwo bagiye gufata iya mbere mu kuyubahiriza no gukangurira abandi kuyashyira mu bikorwa.