Mu Murenge wa Kaduha hatangijwe amarushanwa mu mikino

Aya marushanwa yatangijwe ku mugaragaro n'Umuyobozi w'Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry'Ubukungu, Habimana Thaddée ari hamwe n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Kaduha Furaha Guillaume.

Amarushanwa yabimburiwe na siporo rusange yabereye mu Mujyi wa Kaduha.

Muri aya marushanwa harakinwa football, volleyball na basketball. Amarushanwa aritabirwa n'amakipe y'abakozi b'Umurenge, Ikipe y'abakozi b'Ibitaro bya Kaduha, Ikipe y'abikorera (PSF), Ikipe y'abakozi b'Ibigo bicumbikira abanyeshuri (Boarding), Ikipe y'abakozi b'Ibigo by'amashuri biga bataha n'Ikipe y'abashinzwe umutekano.

Ku munsi wa mbere w’amarushanwa hakinnye umukino w’amaguru hagati y’ikipe y’abakozi b’Ibitaro bya Kaduha ndetse n’ikipe y’abakozi b’Umurenge wa Kaduha.  Hakinwe kandi umukino w’amaboko (volleyball) hagati y’ikipe y'abakozi b'Ibigo bicumbikira abanyeshuri (Boarding) n’ikipe y'abakozi b'Ibigo by'amashuri biga bataha.

Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye aya marushanwa, Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu yavuze ko siporo ifasha kurwanya indwara zitandura, gusabana, kugira umurongo umwe wo gukoreraho, gukangurira abantu gahunda za Leta n'ibindi.

Yagize ati “"Turifuza guhindura imyumvire muri iki gice cya Kaduha. Turashaka kubona Kaduha ku isonga muri gahunda za Leta, mutuelle, EjoHeza,kwikingiza COVID-19, kurwanya ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abaturage, kwirinda amakimbirane mu miryango n'ibindi".

Aya marushanwa biteganijwe ko azasozwa ku italiki 27/01/2022.